Abaturage bo muri Libya mu magana bigaragambirije ku cyicaro cya UNHCR i Tripoli ku wa 4 Kamena 2026. Basabaga ko abimukira bose bava mu gihugu, kandi ko icyicaro cya UNHCR gifungwa burundu. Bashinja Loni kugira umugambi wo gutuza abimukira muri Libya.
Soma inkuru yose hano 👇👇👇

Share
Abaturage bo muri Libya mu magana bigaragambirije ku cyicaro cya UNHCR i Tripoli ku wa 4 Kamena 2026. Basabaga ko abimukira bose bava mu gihugu, kandi ko icyicaro cya UNHCR gifungwa burundu. Bashinja Loni kugira umugambi wo gutuza abimukira muri Libya.
Abigaragambya bashinze amahema imbere y’icyicaro, bafungisha amarembo n’ikamyo yuzuye umucanga. Baririmba bati “Abanya-Libya batanze ubutumwa bwabo. Nta bacengezi dushaka mu gihugu cyacu, mubajyane.” Bavuze ko Libya ari igihugu cyabo bonyine, kandi ko kwigaragambya ari urukundo ku gihugu, si ivanguraruhu.
Abimukira muri Libya bageze ku bihumbi 900 nk’uko IOM ibyivuga. Benshi bahunze ubukene, intambara, n’itotezwa, kandi bitegura gukomereza urugendo bajya i Burayi. Abigaragambya bashinja abimukira kuba intandaro y’ibazo by’ubukungu n’imibereho bimaze imyaka 15, nyuma y’urupfu rwa Col Muammar Ghaddafi.
Ibiro bihuza ibikorwa by’amashami ya Loni muri Libya byatangaje ko haba amakuru y’ibinyoma n’imvugo z’urwango byibasira abakozi bayo. Byasobanuye ko Loni idafite gahunda yo gutuza abimukira muri Libya. Ahubwo iri gushakisha uburyo bwo kubohereza mu bindi bihugu cyangwa kubafasha gusubira iwabo.
UNHCR ivuga ko iri gushakira ahatari muri Libya ibisubizo ku bantu bahunga intambara, amakimbirane, n’itotezwa. Ibi bisubizo birimo kubohereza mu bindi bihugu cyangwa gucyura abashaka gusubira mu bihugu byabo mu gihe byashoboka.
Abimukira baba muri Libya bavuga ko batotezwa n’abenegihugu kubera urwango rukomeye. Loni ivuga ko iki kibazo gihangayikishije, kandi ari yo mpamvu UNHCR ishaka byihutirwa ahatekanye bashobora kuba burundu cyangwa by’agateganyo.
Muri Nzeri 2019, UNHCR yagiranye n’u Rwanda amasezerano yo kujya rwakira by’agateganyo abimukira bava muri Libya. Bajyanwa mu nkambi ya Gashora mu gihe bategereje ibihugu bizemera kubakira mu buryo bwa burundu.
Kuva aya masezerano yasinywa kugeza muri Gashyantare 2026, u Rwanda rwari rumaze kwakira abimukira 2760 baturutse muri Libya. Abarenga 2500 barahavuye, bakirwa n’ibihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Suède, Norvège, na Canada.
More from the newsroom
Related stories
Related Articles

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 5, 12:17 PM
Gen. Christian Tshiwe, former Commander-in-Chief of the Democratic Republic of Congo's Armed Forces, and 9 of his associates have been brought before a DRC court,
Soma inkuru yose hano 👇👇👇 tuganire news

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 5, 12:17 PM
Gen. Christian Tshiwe, wabaye Umugaba Mukuru w’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo we nabagenzi be 9 bagejejwe murukiko RDC
Soma inkuru yose hano 👉 Tuganire news 👈

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 5, 11:58 AM
Hundreds of Libyans protested at the UNHCR headquarters in Tripoli on June 4, 2026. They demanded that all migrants leave the country and that the UNHCR headquarters be permanently closed. They accused the UN of plotting to resettle migrants in Libya.
Read All here 👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 5, 11:00 AM
In the Democratic Republic of Congo, a group of people attacked a team of medical workers who were burying a person who died of Ebola
Read All here 👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 5, 11:00 AM
Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abaturage bateye itsinda ry’abakozi b’inzobere bari mu gikorwa cyo gushyingura umuntu wishwe
Soma inkuru yose hano 👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 5, 11:00 AM
The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Ambassador Olivier Nduhungirehe, said that Rwanda appreciates the United States for its role in seeking lasting peace in the region.
Read more here 👇👇👇
Share this article

NSANZIMANA Sylver
Article Author