Amerika na Irani byemeranyije agahenge Kangana n'iminsi 60 mugihe hari hasize iminsi 2 ibihugu byombi byubuye imirwano
Read All here

Share
Amerika na Irani byemeranyije agahenge Kangana n'iminsi 60 mugihe hari hasize iminsi 2 ibihugu byombi byubuye imirwano
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zemeranyije na Iran amasezerano yo kongera agahenge k’iminsi 60 mu ntambara bahanganyemo, nubwo icyemezo cya nyuma kigomba gufatwa na Donald Trump. Ni intambwe itewe nyuma y’uko ibihugu byombi biherutse gukozanyaho, aho Amerika yarashe kuri Iran, na yo yihimura igaba ibitero ku birindiro bya Amerika biri muri Koweit.
Reuters yanditse ko abafite amakuru ku by’aya masezerano bumvikanye ku mugambi wo gushyiraho agahenge k’iminsi 60. Ariko kandi, ibi bizashyirwa mu bikorwa gusa iyo Trump yabyemeje. Amasezerano azagena uburyo bwo kwiga ku ngingo zitandukanye zihagarika intambara burundu imaze amezi atatu.
Mu ngingo z’ingenzi zizaganirwaho harimo kureba uburyo Iran yazibukira gahunda zayo zo kwigwizaho ubutare bwa Uranium igamije gukora intwaro kirimbuzi. Ibi ni kimwe mu bibazo byatumye intambara irushaho gukazwa hagati y’impande zombi.
Inshuro nyinshi Trump yavuze ko bari hafi gusoza intambara. Icyakora, ku wa 27 Gicurasi 2026 mu nama y’abaminisitiri, yavuze ko ataranyurwa n’ibiganiro bari kugirana na Iran. Yanavuze ko Amerika itashaka kugabanya ibihano bafatiye Iran, nubwo Tehran ibyifuza.
Mu bitero bishya Amerika yagabye kuri Iran harimo kurasa indege eshanu za Iran, gusenya ibigo birasirwamo za misile, no kwibasira ahari ubwato bwegereye inzira ya Hormuz. Intego yabyo ni ugukumira ko hari ibindi bitero byagabwa ku ngabo za Amerika.
Ingabo za Koweit na zo zatangaje ko zasenye ibisasu bya Iran byayigabweho. Uwahaye Reuters amakuru wo muri Amerika yagize ati: “Ibi bikorwa byagenzuwe, byose byari bigamije kwirinda ndetse bigamije no gukomeza agahenge.”
Ingabo za Iran zo mu mutwe wa Islamic Revolutionary Guard Corps zatangaje ko zarashe ku birindiro bya Amerika. Zanenze Washington, zivuga ko niyongera ibyo zise ubushotoranyi izabona ishyano. Koweit yanenze ibi bitero, inasaba Iran guhagarika ibi bikorwa bishobora gutuma ibintu bisubira ibubisi.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Pakistan, igihugu kiri kunga Amerika na Iran, yatangaje ko Ishaq Dar, uyiyobora, azahura na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Amerika, Marco Rubio, ku wa 29 Gicurasi 2026 i Washington. Intambara ya Amerika na Iran yatangiye ku wa 28 Gashyantare kandi yateje ingaruka z’ubukungu ku Isi, kuko yafunze inzira inyuzwamo 20% bya peteroli ikoreshwa ku Isi buri munsi, bityo ubukungu bw’Isi burazahara.
More from the newsroom
Related stories
Related Articles

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 3, 10:11 AM
French President Emmanuel Macron and his wife Brigitte Macron hosted Rwandan President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame at the Palais de l'Élysée on Tuesday evening, June 2, 2026.
Read all here 👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 3, 10:11 AM
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, n’umugore we Brigitte Macron bakiriye ku meza Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Madamu Jeannette Kagame.
Soma inkuru yose hano 👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 2, 05:47 PM
Kenyan President William Ruto has condemned the protests that have been going on for days demanding that the Kenyan government halt a US-led deal to build a hospital in the country.
Read all here 👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 2, 05:47 PM
Perezida wa Kenya William ruto yateye utwatsi abaturage bamaze iminsi bigaragambya basaba ko leta ya Kenya ihagarika amasezerano n'ibikorwa bya Amerika byo kubaka ibitaro BYA abora muri iki gihugu
Soma inkuru irambuye hano 👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00May 30, 11:47 AM
US President Donald Trump has said he will make a final decision on the deal, while Iran says talks are ongoing but no final agreement has been reached.

Politic
NSANZIMANA Sylver00May 30, 11:47 AM
Donald Trump, yatangaje ko agiye gufata icyemezo cya nyuma ku byerekeye ayo masezerano
Soma inkuru yose hano 👇👇
Share this article

NSANZIMANA Sylver
Article Author