Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, n’umugore we Brigitte Macron bakiriye ku meza Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Madamu Jeannette Kagame.
Soma inkuru yose hano 👇👇

Share
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, n’umugore we Brigitte Macron bakiriye ku meza Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Madamu Jeannette Kagame. Uyu musangiro wabereye mu Ngoro ya Palais de l’Élysée ku mugoroba wo ku wa Kabiri, tariki 2 Kamena 2026.
Mbere y’umusangiro, abakuru b’ibihugu byombi bari bifatanyije mu gikorwa cyo gufungura ku mugaragaro Ikimenyetso cy’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, giherereye mu Mujyi wa Paris. Iki kimenyetso cyitezweho kuba ahantu ho kwibuka no gusobanukirwa amateka ya Jenoside.
Mu butumwa bwatangajwe n’Ibiro bya Perezida w’u Rwanda, Village Urugwiro, Perezida Kagame yavuze ko umusangiro wabereye muri Palais de l’Élysée wari ufite ibisobanuro bikomeye n’isezerano ku mubano w’ibihugu byombi.
Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko u Rwanda n’u Bufaransa byahisemo gutera intambwe ijya imbere no kwandika amateka mashya mu mubano wabyo. Yavuze ko ibyo byatangiye kwera imbuto nziza, bigaragaza ko impinduka ziri mu mikoranire y’ibihugu byombi zigaragara mu bikorwa.
Perezida Kagame yashimangiye ko ukwiyemeza ku mpande zombi ari ingenzi, ariko ko ik’ingenzi kurushaho ari ukongera kuzura kwizerana hagati y’u Rwanda n’u Bufaransa. Ibi bikaba bifungura inzira y’imikoranire irambye.
Yavuze ko uyu munsi u Bufaransa ari umufatanyabikorwa w’ingenzi w’u Rwanda mu nzego zirimo ishoramari, tekinologi, ikirere, n’ahandi hafi ya hose ibifitiye inyungu rusange. Ibyo byerekana ubugari bw’ubufatanye bushya.
Ibiganiro bya Kagame na Macron n’umusangiro wabakurikiye byerekana ko ibihugu byombi bishaka gukomeza kubaka umubano ushingiye ku bwumvikane no gukorana ku nyungu zihuriweho, nyuma y’imyaka y’umwuka mubi wabaye hagati yabyo.
Read in English
French President Emmanuel Macron and his wife Brigitte Macron hosted Rwandan President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame at the Palais de l'Élysée on Tuesday evening, June 2, 2026.
Before the dinner, the two heads of state participated in the official inauguration of the 1994 Genocide Memorial in Paris. The memorial is intended to serve as a place of remembrance and understanding of the history of the Genocide.
In a message released by the Rwandan Presidential Office, Village Urugwiro, President Kagame said that the dinner held at the Palais de l'Élysée had a profound meaning and promise for the relationship between the two countries.
The Head of State indicated that Rwanda and France have chosen to take a step forward and write a new history in their relationship. He said that this has begun to bear good fruit, showing that the changes in the relationship between the two countries are reflected in actions.
President Kagame stressed that commitment on both sides is important, but more importantly, restoring trust between Rwanda and France, which paves the way for a lasting partnership.
He said that today, France is a key partner of Rwanda in sectors including investment, technology, climate, and almost everywhere else that share common interests. This shows the breadth of the new partnership.
Kagame and Macron's talks and the dinner that followed show that the two countries are keen to continue building a relationship based on understanding and working together for mutual benefit, after years of bad relations between them.
More from the newsroom
Related stories
Related Articles

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 3, 10:11 AM
French President Emmanuel Macron and his wife Brigitte Macron hosted Rwandan President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame at the Palais de l'Élysée on Tuesday evening, June 2, 2026.
Read all here 👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 2, 05:47 PM
Kenyan President William Ruto has condemned the protests that have been going on for days demanding that the Kenyan government halt a US-led deal to build a hospital in the country.
Read all here 👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 2, 05:47 PM
Perezida wa Kenya William ruto yateye utwatsi abaturage bamaze iminsi bigaragambya basaba ko leta ya Kenya ihagarika amasezerano n'ibikorwa bya Amerika byo kubaka ibitaro BYA abora muri iki gihugu
Soma inkuru irambuye hano 👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00May 30, 11:47 AM
US President Donald Trump has said he will make a final decision on the deal, while Iran says talks are ongoing but no final agreement has been reached.

Politic
NSANZIMANA Sylver00May 30, 11:47 AM
Donald Trump, yatangaje ko agiye gufata icyemezo cya nyuma ku byerekeye ayo masezerano
Soma inkuru yose hano 👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00May 29, 11:17 AM
Amerika na Irani byemeranyije agahenge Kangana n'iminsi 60 mugihe hari hasize iminsi 2 ibihugu byombi byubuye imirwano
Read All here
Share this article

NSANZIMANA Sylver
Article Author