Perezida Donald Trump yashyize hanze ifoto ya Perezida wa Venezuela Nicolas Maduro nyuma yo gufatwa n'igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Amakuru avuga abasirikare ba Amerika basanzwe Maduro imwe mu rugo aryamye bagahita bamufata
Soma inkuru yose hano 👇👇👇

Gallery




Advertisement


Perezida Donald Trump yashyize hanze ifoto ya Perezida wa Venezuela Nicolas Maduro nyuma yo gufatwa n'igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America
Amakuru avuga abasirikare ba Amerika basanzwe Maduro imwe mu rugo aryamye bagahita bamufata
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, Ingabo zidasanzwe za Amerika (Delta Force) zagabye igitero mu Murwa Mukuru wa Venezuela, zifata Perezida Nicolas Maduro n’umugore we, Cilia Flores ubwo bari mu buriri ndetse bahita bakurwa mu gihugu.

Perezida Donald Trump yavuze ko igisirikare cya Amerika cyafashe Perezida Nicolas Maduro wa Venezuela n'umugore we, Cilia Flores, mu gitero cyabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu. Abarenews avuga ko Maduro n'umugore we bafashwe mu buriri, bakurwa mu gihugu n'indege za kajugujugu, hanyuma bakatwarwa mu bwato bw'igisirikare cya Amerika bwa USS Iwo Jima, berekeza i New York
Trump yavuze ko ifatwa rya Maduro ari igikorwa cyakozwe mu kumurika amategeko ya Amerika, kuko yari aregwa ibinyobwa byo gucuruza ibiyobyabwenge n'iterabwoba. Yashimiye abasirikare ba Amerika ko bakoze igikorwa cy'ubutwari, agira ati "Nta kindi gihugu ku Isi cyashobora gukora igikorwa nk'iki".
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu, Ingabo zidasanzwe za Amerika (Delta Force) zagabye igitero mu Murwa Mukuru wa Venezuela, zifata Perezida Nicolas Maduro n’umugore we, Cilia Flores ubwo bari mu buriri. Ibi byatumye abaturage ba Venezuela bashya ubwoba, ndetse bigitangira Perezida Maduro yamaganye "ubushotoranyi bwa gisirikare" bwa Amerika kandi atangaza ibihe bidasanzwe mu gihugu.
Visi Perezida wa Venezuela, Delcy Rodríguez, yavuze ko guverinoma itazi aho Maduro n’umugore we Cilia Flores bari, yongeraho ko igitero cya Amerika cyahitanye abayobozi, abasirikare n’abasivili mu gihugu hose.
Ibitero bya Amerika byamaganiwe n'ibihugu byinshi, harimo u Burusiya bwavuze ko ari ubushotoranyi bwa gisirikare bugamije gukuraho ubutegetsi, mu he Colombia yavuze ko ibitero byageze no ku mupaka wayo bikaba bishobora guhungabanya umutekano w’akarere.
Perezida Trump yavuze ko Amerika iri gutekereza uko Venezuela izayoborwa nyuma y’ifatwa rya Maduro, agira ati "Abanya-Venezuela bishimiye ifatwa rya Maduro kuko igihugu cyari kiyobowe ku gitugu".
Meya w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani, yamaganye ifatwa rya Maduro, avuga ko ari igikorwa cy’intambara ndetse gihabanye n’amategeko mpuzamahanga.
Share this article

NSANZIMANA Sylver
Article Author
Advertisement





