Perezida Donald Trump yashyize hanze ifoto ya Perezida wa Venezuela Nicolas Maduro nyuma yo gufatwa n'igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Amakuru avuga abasirikare ba Amerika basanzwe Maduro imwe mu rugo aryamye bagahita bamufata
Soma inkuru yose hano 👇👇👇

Share


Perezida Donald Trump yashyize hanze ifoto ya Perezida wa Venezuela Nicolas Maduro nyuma yo gufatwa n'igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America
Amakuru avuga abasirikare ba Amerika basanzwe Maduro imwe mu rugo aryamye bagahita bamufata
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, Ingabo zidasanzwe za Amerika (Delta Force) zagabye igitero mu Murwa Mukuru wa Venezuela, zifata Perezida Nicolas Maduro n’umugore we, Cilia Flores ubwo bari mu buriri ndetse bahita bakurwa mu gihugu.

Perezida Donald Trump yavuze ko igisirikare cya Amerika cyafashe Perezida Nicolas Maduro wa Venezuela n'umugore we, Cilia Flores, mu gitero cyabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu. Abarenews avuga ko Maduro n'umugore we bafashwe mu buriri, bakurwa mu gihugu n'indege za kajugujugu, hanyuma bakatwarwa mu bwato bw'igisirikare cya Amerika bwa USS Iwo Jima, berekeza i New York
Trump yavuze ko ifatwa rya Maduro ari igikorwa cyakozwe mu kumurika amategeko ya Amerika, kuko yari aregwa ibinyobwa byo gucuruza ibiyobyabwenge n'iterabwoba. Yashimiye abasirikare ba Amerika ko bakoze igikorwa cy'ubutwari, agira ati "Nta kindi gihugu ku Isi cyashobora gukora igikorwa nk'iki".
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu, Ingabo zidasanzwe za Amerika (Delta Force) zagabye igitero mu Murwa Mukuru wa Venezuela, zifata Perezida Nicolas Maduro n’umugore we, Cilia Flores ubwo bari mu buriri. Ibi byatumye abaturage ba Venezuela bashya ubwoba, ndetse bigitangira Perezida Maduro yamaganye "ubushotoranyi bwa gisirikare" bwa Amerika kandi atangaza ibihe bidasanzwe mu gihugu.
Visi Perezida wa Venezuela, Delcy RodrÃguez, yavuze ko guverinoma itazi aho Maduro n’umugore we Cilia Flores bari, yongeraho ko igitero cya Amerika cyahitanye abayobozi, abasirikare n’abasivili mu gihugu hose.
Ibitero bya Amerika byamaganiwe n'ibihugu byinshi, harimo u Burusiya bwavuze ko ari ubushotoranyi bwa gisirikare bugamije gukuraho ubutegetsi, mu he Colombia yavuze ko ibitero byageze no ku mupaka wayo bikaba bishobora guhungabanya umutekano w’akarere.
Perezida Trump yavuze ko Amerika iri gutekereza uko Venezuela izayoborwa nyuma y’ifatwa rya Maduro, agira ati "Abanya-Venezuela bishimiye ifatwa rya Maduro kuko igihugu cyari kiyobowe ku gitugu".
Meya w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani, yamaganye ifatwa rya Maduro, avuga ko ari igikorwa cy’intambara ndetse gihabanye n’amategeko mpuzamahanga.
More from the newsroom
Related stories
Related Articles

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 25, 06:58 PM
Kenya's Interior Minister Kipchumba Murkomen said 355 people have been arrested following protests across the country on Thursday. The protests were held to commemorate those killed in the Gen-Z protests of 2024.
Read full story here 👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 25, 06:58 PM
Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu cya Kenya, Kipchumba Murkomen, yatangaje ko abantu 355 bamaze gutabwa muri yombi nyuma y’imyigaragambyo yabaye ku wa Kane hirya no hino mu gihugu
Soma inkuru yose hano 👇👇

Entertainment
NSANZIMANA Sylver00Jun 23, 12:37 AM
After Shaddy Boo appealed to the Rwanda National Investigation Agency (RIB) to investigate a young man named Iradukunda Aimable, known to many as Yugi Umukaraza, accusing him of raping her, the agency confirmed that it had received the complaint.
Read full story here 👇👇👇

Entertainment
NSANZIMANA Sylver00Jun 23, 12:37 AM
RIB yatangajeko yakiriye ikirego cy'Uwamenyekanye nka shaddy boo kumbuga nkoranyambaga avuga ko yafashwe kungufu
Soma inkuru yose hano 👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 22, 06:46 AM
The African Union, which brought together heads of state from Central America and the Caribbean, has agreed that countries that colonized and used slavery must apologize and pay reparations to the countries where slavery was used, and return natural resources that were confiscated during that period of slavery.
Read all here 👇👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 22, 06:46 AM
Inama ya afurika yahurije hamwe abakuru b'ibihugu na Amerika yo hagati karayibe, yemejeko ibihugu byakoroneje ndetse bigakoresha ubucakara bigomba gusaba imbabazi ndetse bikishyura indishyi z'akababaro kubihugu byakoreshejwe ubucakara ,no kugaruza imitungo kamere yanyazwe muri icyo gihe cy'ubucakara
Soma inkuru yose hano 👇👇👇
Share this article

NSANZIMANA Sylver
Article Author