Perezida Donald Trump yashyize hanze ifoto ya Perezida wa Venezuela Nicolas Maduro nyuma yo gufatwa n'igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Amakuru avuga abasirikare ba Amerika basanzwe Maduro imwe mu rugo aryamye bagahita bamufata
Soma inkuru yose hano 👇👇👇

Share


Perezida Donald Trump yashyize hanze ifoto ya Perezida wa Venezuela Nicolas Maduro nyuma yo gufatwa n'igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America
Amakuru avuga abasirikare ba Amerika basanzwe Maduro imwe mu rugo aryamye bagahita bamufata
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, Ingabo zidasanzwe za Amerika (Delta Force) zagabye igitero mu Murwa Mukuru wa Venezuela, zifata Perezida Nicolas Maduro n’umugore we, Cilia Flores ubwo bari mu buriri ndetse bahita bakurwa mu gihugu.

Perezida Donald Trump yavuze ko igisirikare cya Amerika cyafashe Perezida Nicolas Maduro wa Venezuela n'umugore we, Cilia Flores, mu gitero cyabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu. Abarenews avuga ko Maduro n'umugore we bafashwe mu buriri, bakurwa mu gihugu n'indege za kajugujugu, hanyuma bakatwarwa mu bwato bw'igisirikare cya Amerika bwa USS Iwo Jima, berekeza i New York
Trump yavuze ko ifatwa rya Maduro ari igikorwa cyakozwe mu kumurika amategeko ya Amerika, kuko yari aregwa ibinyobwa byo gucuruza ibiyobyabwenge n'iterabwoba. Yashimiye abasirikare ba Amerika ko bakoze igikorwa cy'ubutwari, agira ati "Nta kindi gihugu ku Isi cyashobora gukora igikorwa nk'iki".
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu, Ingabo zidasanzwe za Amerika (Delta Force) zagabye igitero mu Murwa Mukuru wa Venezuela, zifata Perezida Nicolas Maduro n’umugore we, Cilia Flores ubwo bari mu buriri. Ibi byatumye abaturage ba Venezuela bashya ubwoba, ndetse bigitangira Perezida Maduro yamaganye "ubushotoranyi bwa gisirikare" bwa Amerika kandi atangaza ibihe bidasanzwe mu gihugu.
Visi Perezida wa Venezuela, Delcy RodrÃguez, yavuze ko guverinoma itazi aho Maduro n’umugore we Cilia Flores bari, yongeraho ko igitero cya Amerika cyahitanye abayobozi, abasirikare n’abasivili mu gihugu hose.
Ibitero bya Amerika byamaganiwe n'ibihugu byinshi, harimo u Burusiya bwavuze ko ari ubushotoranyi bwa gisirikare bugamije gukuraho ubutegetsi, mu he Colombia yavuze ko ibitero byageze no ku mupaka wayo bikaba bishobora guhungabanya umutekano w’akarere.
Perezida Trump yavuze ko Amerika iri gutekereza uko Venezuela izayoborwa nyuma y’ifatwa rya Maduro, agira ati "Abanya-Venezuela bishimiye ifatwa rya Maduro kuko igihugu cyari kiyobowe ku gitugu".
Meya w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani, yamaganye ifatwa rya Maduro, avuga ko ari igikorwa cy’intambara ndetse gihabanye n’amategeko mpuzamahanga.
More from the newsroom
Related stories
Related Articles

Politic
NSANZIMANA Sylver00May 30, 11:47 AM
US President Donald Trump has said he will make a final decision on the deal, while Iran says talks are ongoing but no final agreement has been reached.

Politic
NSANZIMANA Sylver00May 30, 11:47 AM
Donald Trump, yatangaje ko agiye gufata icyemezo cya nyuma ku byerekeye ayo masezerano
Soma inkuru yose hano 👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00May 29, 11:17 AM
Amerika na Irani byemeranyije agahenge Kangana n'iminsi 60 mugihe hari hasize iminsi 2 ibihugu byombi byubuye imirwano
Read All here

Entertainment
NSANZIMANA Sylver00May 29, 10:52 AM
Uzwi nka super manager yatsinze urubanza yaburanagamo na MTN asaba guhabwa million 380 ariko urukiko rwemeza ko aha bwa million 16 z'indishyi y'uko bakoresheje igihano ke batabiherewe uburengazira
Soma inkuru yose hano 👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00May 29, 09:29 AM
US and Iran agree to 60-day ceasefire, 2 days before both countries resume hostilities
Read All here 👇👇👇👇

World
NSANZIMANA Sylver00May 27, 07:00 PM
Arsenal fan dies of alcohol poisoning The sudden death of Tuyishimire Leandre, who was celebrating the trophy Arsenal won, was apparently killed by excessive alcohol.
Read All here 👇👇👇
Share this article

NSANZIMANA Sylver
Article Author