Uwatangaje mbere ko umupiroti wacu yabonetse turamufunga avuge Aho yakuye ayo makuru
In English and kinyarwanda 👇👇👇👇

Share
Perezida Donald trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ashobora guta muri yombi abanyamakuru batangaje bwa mbere ko hari indege ya Amerika yarasiwe muri Iran, kandi umwe mu ba pilote ataraboneka. Ibi Trump yabitangaje ku wa Mbere tariki 6 Mata 2026, mu kiganiro cyamuhuje n’abanyamakuru.
Indege yavugaga ni iyarashwe ku wa 3 Mata 2026 n’Ingabo za Iran, umwe mu bapilote abanza kuburirwa irengero, ariko nyuma Amerika ibasha kumutabara. Muri iki kiganiro, Perezida Trump yikomye ibinyamakuru byatangaje aya makuru bwa mbere, avuga ko ashobora gufunga ababigizemo uruhare.
Ati “Twari twabigize ibanga mu gihe kirenga isaha, ubundi umuntu araza ashyira hanze aya makuru, kandi Twizeye ko tuzamufata. Turi gukoresha imbaraga nyinshi ngo dufate uwabitangaje. Turi kujya mu bigo by’itangazamakuru byabisohoye mbere, ubundi tukababwira tuti ‘ni ku mpamvu z’umutekano, mutubwire cyangwa mujye muri Gereza’.”
Trump yavuze ko ibyakozwe n’ibi binyamakuru byashoboraga gushyira umutekano w’igihugu mu kaga. Yashimangiye ko Amerika yageze ku ntego yari yihaye mbere yuko ibitero byo mu kirere kuri Irani bitangira mu mpera y’ukwezi kwa Gashyantare uyu mwaka, ifatanyije na Israel.
Perezida Trump yavuze ko Amerika “izava” muri Irani mu “byumweru bibiri cyangwa bitatu” igihe izaba izi neza ko ubutegetsi bwa Irani buzamara “imyaka” budashobora gukora igisasu kirimbuzi cya nikleyeri ¹.
In Englis
US President Donald Trump said he may arrest journalists who first reported that a US airliner had been shot down in Iran, and that one of the pilots was still missing. Trump made the announcement on Monday, April 6, 2026, during a press conference.
The plane was shot down on April 3, 2026 by the Iranian military, one of the pilots was initially reported missing, but the United States was later able to rescue him. In this interview, President Trump criticized the newspapers that first reported the news, saying that he could imprison those responsible.
He said, "We had kept it a secret for over an hour, then someone came and leaked this information, and we are confident that we will catch them. We are using a lot of force to catch the leaker. We are going to the media outlets that published it first, and then we are telling them, 'It is for security reasons, tell us or go to jail.'"
Trump said the actions of the newspapers could have put national security at risk. He insisted that the United States had achieved its goals before the airstrikes on Iran began in late February this year, in coordination with Israel.
President Trump said the United States will “get out” of Iran in “two or three weeks” when it is certain that the Iranian regime will be unable to build a nuclear bomb for “years”
More from the newsroom
Related stories
Related Articles

Politic
NSANZIMANA Sylver00May 26, 11:15 AM
The United States launched another attack on southern Iran today, May 26, 2026.
Read All about it here 👇👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00May 26, 11:14 AM
Amerika yongeye kugaba ibitero mu majyepfo ya Iran uyu munsi taliki ya 26/gicurasi 2026
Soma inkuru yose hano 👇👇 English and kinyarwanda

Politic
NSANZIMANA Sylver00May 25, 09:46 PM
The Speaker of the Senegalese National Assembly, Malick Ndiaye, has officially announced his resignation.
Read All here 👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00May 25, 09:46 PM
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Sénégal, Malick Ndiaye, yatangaje ku mugaragaro ko yeguye ku mirimo ye
Soma inkuru yose hano 👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00May 24, 05:04 AM
The US has already lost more than 40 warplanes and other expensive assets
Read All here 👇👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00May 24, 05:04 AM
Amerika imaze gutakaza indege z'intambara zirenga 40 ndetse nibindi bihenze cyane
Soma inkuru yose hano 👇👇
Share this article

NSANZIMANA Sylver
Article Author