Ambassadors of Christ Choir yatanze ibyishimo bisendereye mu gitaramo cyo kwizihiza imyaka 30 imaze
Korali Ambassadors Christ yanyuze abitabiriye igitaramo cyayo cyo kwizihiza imyaka 30 imaze mu murimo wo kwigisha ijambo ry’Imana binyuze mu kuramya no guhimbaza Imana.

Iki gitaramo cyabereye muri BK Arena yakira abantu ibihumbi 10 bicaye neza, yari yuzuye neza ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, tariki ya 30 Kanama 2026.
Ibifashijwemo na korali yayo y’abakiri bato, Ambassadors of Christ yakoze iki gitaramo mu bice bibiri, iririmba indirimbo zirimo izigaruka ku rugendo rukomeye yanyuzemo rurimo n’impanuka yakoreye muri Tanzania igahitana bamwe muri bayigize mu 2011.
Abatabashije kugera muri BK Arena, bashobora gukurikira amashusho y’ibyaranze iki gitaramo banyuze hano: https://onstage.rw/events/ambassadors-30years/watch.
UKO IGITARAMO CYOSE CYAGENZE:
– 23:05: "Maria" ni yo ipfundikiye igitaramo
Iyi ndirimbo igaruka ku gitekerezo cy’umugore witwaga Maria wafashwe asambana, akajyanirwa Yesu abantu bazi ko ategeka ko bamutera amabuye ariko Yesu akagaragaza ko na we yakizwa akagenda avuga inkuru y’ibyamubayeho.
Bamwe mu bitabiriye iki gitaramo cyo kwizihiza imyaka 30 Ambassadors of Christ Choir imaze, bayihawe nk’inyongezo ndetse bariririmbanye n’iyi korali kugeza indirimbo irangiye.






23:00: Indirimbo "Hoziana" yatigishije BK Arena
Iyi ndirimbo yashimishije benshi, abandi barasarara kubera kujyana na Ambassadors of Christ Choir, imaze imyaka hafi 12 ifasha abantu gushyikirana n’Imana.
Ni indirimbo irimo umuziki ufasha benshi kunyeganyega ari na ko itanga umuburo ku banyabyaha basabwa kwihana kugira ngo Yesu azagaruke biteguye kumusanganira.
Hari aho amagambo yayo agira ati “Reka twese twiyambure ibizira byatubuza kugenda.”
22:50: Mwalimu Ssozi Joram yazamuye amarangamutima ya benshi
Mwalimu Ssozi Joram wandikira Ambassadors of Christ Choir indirimbo, yazamuye amarangamutima y’abitabiriye igitaramo cy’iyi korali mu ndirimbo "Yesu ninzira" yasohotse mu 2011.
Ni indirimbo yakunzwe cyane n’abitabiriye iki gitaramo. Igaragaza ko Yesu ari we nzira y’ukuri ijya mu ijuru. Hashingiwe ku bitangaza yakoze birimo kuzura Lazaro n’ibindi.
Abaririmbyi bagira bati “Nta yindi nzira munsi y’Izuba twaboneramo gukizwa.”
22:45: "Hejuru mu Kirere" yashyize ibintu ku rundi rwego
Iyi ndirimbo igaragaza uburyo mu kirere hatangaje, hatinyitse ndetse hagoye buri wese kuhasobanura, Ambassadors of Christ Choir ikagaragaza ko ibi ari ibihamya by’uko Imana yaremye Isi n’isanzure ikomeye.
Abari muri BK Arena baririmbanye n’iyi korali ijambo ku rindi. Bati “Abera bazahaguruka bahatumbagire ntibazakera indege, ntibazakenera ibyogajuru. Uwo munsi ni bwo bazahishurirwa amabanga yose basobanurirwe iby’imbaraga tureba mu kirere.”














































22:30: Ambassadors of Christ Choir yibukije urugendo rwayo binyuze muri "Udukaramu”
Abantu ibihumbi 10 bitabiriye igitaramo cyo kwizihiza imyaka 30 Ambassadors of Christ Choir imaze, baryohewe n’indirimbo nshya iyi korali iherutse gushyira hanze yiswe "Udukaramu”.
Ni indirimbo yatewe na Mwalimu Ssozi Joram wandika indirimbo z’iyi korali.
Iyi ndirimbo yashyizwe kuri YouTube ku wa 14 Kanama 2026, igaragaza urugendo rw’imyaka 30 iyi korali imaze.
Mu kuyiririmba, abagize Ambassadors of Christ Choir bagira bati “Warakoze Yehova kutwandikira aya mateka akomeye. Uyobora intambwe zacu kugeza magingo aya. Tuje guhamiriza Isi ko ari wowe wakoze ibi.”
22:15: "Nimekupata Yesu" yashimangiye ko ari iy’ibihe byose
"Nimekupata Yesu" yagaragaje ko ari indirimbo y’ibihe byose dore ko abitabiriye igitaramo cya Ambassadors of Christ Choir bayitangiranye n’iyi korali kugeza irangiye.
Amashusho y’iyi ndirimbo iri mu Giswahili yashyizwe kuri YouTube mu 2017, amaze kurebwa inshuro zirenga miliyoni 57. Ishimangira ko ufite Yesu aba afite byose akeneye.
22:05: Ambassadors of Christ Choir yanyuze Abanya-Uganda by’umwihariko
Abitabiriye igitaramo cya Ambassadors of Christ Choir cyane cyane Abanya-Uganda banyuzwe mu ndirimbo ‘Ebaluwa’ yaririmbwe mu Rurimi rw’Ikigande ruvugwa muri Uganda.
Iyi korali yakunze kuririmba mu ndimi zitandukanye zaba izo mu Karere n’izindi mpuzamahanga kugira ngo ubutumwa bwayo bugere kuri bose ndetse abantu benshi bayisangemo.






























– 22:00: AMAFOTO: Ambassadors of Christ Choir ishimira abayishinze n’abagiye bayiba hafi


























21:55: "Mureke Mukunde" yongeye guhagurutsa abitabiriye igitaramo
Indirimbo "Mureke Mukunde" yongeye guhagurutsa abitabiriye igitaramo Ambassadors of Christ Choir iri kwizihirizamo imyaka 30.
Iyi ndirimbo imaze imyaka myinshi ihimbwe, yagiye isubirwamo inshuro nyinshi. Amashusho yayo yo mu 2022 amaze kurebwa inshuro zirenga miliyoni 3,8 ku rubuga rwa YouTube.
Kuri iyi nshuro Uwera Sarah (Sanyu) uyitera, yishimiwe cyane muri BK Arena. Ni indirimbo ishimira uburyo Yesu Kirisitu yabambiwe abatuye Isi akabacungura kugira ngo bazahabwe ubugingo buhoraho.
21:45: "Ninde Utagushima" ni yo ibimburiye igice cya kabiri
Ambassadors of Christ Choir yatangiriye igice cya kabiri ku ndirimbo "Ninde Utagushima’ ifite injyana ya gakondo. Ni indirimbo yashyizwe hanze ku wa 17 Nyakanga 2026.
Ikubiyemo ubutumwa bugaruka ku myaka 30 iyi korali imaze itanga ubutumwa mu ndirimbo zo guhimbaza no kuramya Imana n’uburyo Imana yabanye na yo. Abaririmbyi bagira bati “Abadukomokaho tuzababwira ibyo gukomera kwawe.”
21:30: Ambassadors of Christ Choir yakase umutsima wo kwizihiza imyaka 30
Abatangije Ambassadors of Christ Choir mu 1995 bashimiwe umurimo ukomeye bakoze watumye kugeza uyu munsi abarenga miliyoni 500 bakurikira ubutumwa bwiza butangwa binyuze mu ndirimbo. Hakaswe umutsima ushimangira imyaka 30 y’ibikorwa byivugira.
Hanagaragajwe ko kandi Ambassadors of Christ Choir itazazima kuko uko abakuru bagenda babyina bavamo bakorerwa mu ngata n’abagize korali y’abato ya Ambassadors of Christ Choir - Junior. Ubu uyu muryango ugizwe n’abarenga 200.



























Related stories
Related Articles

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rulindo yafashe abantu 17
Soma inkuru yose hano 👇👇

After Shaddy Boo appealed to the Rwanda National Investigation Agency (RIB) to investigate a young man named Iradukunda Aimable, known to many as Yugi Umukaraza, accusing him of raping her, the agency confirmed that it had received the complaint.
Read full story here 👇👇👇

RIB yatangajeko yakiriye ikirego cy'Uwamenyekanye nka shaddy boo kumbuga nkoranyambaga avuga ko yafashwe kungufu
Soma inkuru yose hano 👇👇👇

The Iranian government has sentenced prominent singer Parastoo Ahmadi to 74 lashes after she appeared on stage without wearing traditional Iranian clothing. She was wearing a traditional Iranian dress and was wearing women's perfume, which is not acceptable in Iranian culture.
Read All here 👇👇👇

Leta ya lrani yahanishije Umuhanzi ukomeye parastoo ahmadi gukubitwa inkoni 74 nyuma yo kugaragara kurubyiniro atambaye imyambaro yubahiriza umuco WA Irani ,yari yambaye isanzwe yiteye ibirungo by'abagore ,Kandi bitemewe mumuco wa irani
Soma inkuru yose hano 👇👇

Ugandan singer Moses Ssali, known in the music industry as Bebe Cool, has accused Miss Mutesi Jolly, who was crowned Miss Rwanda in 2016
Read All here 👇👇 y

M Jo
Article Author