Igitero kuri White House mu gihe Trump yari mu musangiro n’abanyamakuru
Soma inkuru yose hano 👇👇

Share
Igitero kuri White House mu gihe Trump yari mu musangiro n’abanyamakuru
Umugabo witwaje imbunda nyinshi n’ibyuma yagabye igitero ku biro bya Perezida wa Amerika, White House, ubwo Perezida Donald Trump yari mu musangiro n’abanyamakuru bakomeye n’abandi bayobozi bakuru. Uyu mugabo yarashe umwe mu bashinzwe umutekano, ariko isasu rifata mu ikoti ridatoborwa n’amasasu yari yambaye.
Abashinzwe umutekano bahise bisuka bamwuzuraho bamuta muri yombi mbere y’uko asohoka cyangwa ngo akomeretse undi muntu. Associated Press yanditse ko Trump atigeze akomereka, gusa abashyitsi bari muri uyu musangiro bahise bipfurika munsi y’ameza bumvise amasasu hanze y’icyumba.
Bamwe mu bitabiriye bavuze ko bumvise nk’amashasu atanu barasa, bagira ngo ni abantu batanu bitwaje intwaro bahateye. Icyumba cyahise cyuzura abashinzwe umutekano batangira kwigizayo abayobozi, mu gihe ushinzwe abanyamakuru muri White House yumvikana avuga ngo “tuzongera tubitegure”.
Polisi yemeje ko uyu mugabo ari Cole Tomas Allen w’imyaka 31, ukomoka i Torrance muri Leta ya California. Trump yamwise umurwayi, avuga ko “iyo uri ingirakamaro baraguhiga. Iyo ntacyo umaze barakwihorera.” Nyuma y’amasaha abiri yavuze ko bakeka ko yabikoze wenyine, nta bandi bantu babyihishe inyuma.
Mu bayobozi bari muri uyu musangiro harimo Perezida Trump, Visi Perezida JD Vance, Minisitiri w’Intambara Pete Hegseth n’Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ububanyi n’Amahanga Marco Rubio. Bose basohowe mu cyumba barinzwe nta we wakomeretse.
Meya wa Washington Muriel Bowser yavuze ko nta bimenyetso bigaragaza ko hari abandi bagize uruhare muri iki gitero. Kuva mu 2024, iki ni ubwa gatatu habayeho kugerageza kwica cyangwa kurasa ahantu Trump ari. Yavuze ko hakenewe umutekano uhambaye kurusha uko byigeze kubaho, ati “ntabwo tuzemerera uwo ari we wese kwigarurira abantu bacu.”
Minisitiri w’Ubutabera w’agateganyo, Todd Blanche, yavuze ko ikirego kijyanye n’iki gitero kigitegurwa, ndetse biteganyijwe ko Allen azagezwa mu rukiko ku wa Mbere tariki ya 27 Mata 2026.

In English
Attack on the White House while Trump was in a press conference
A man armed with multiple guns and knives stormed the White House while President Donald Trump was having a dinner with top reporters and other senior officials. The man shot one of the security guards, but the bullet grazed his vest, which was not pierced by the bullets he was wearing.
Security forces quickly surrounded him and arrested him before he could leave or hurt anyone else. The Associated Press reported that Trump was not injured, but guests at the dinner quickly ducked under the table after hearing gunshots outside the room.
Some attendees reported hearing what sounded like five gunshots, believed to be from five armed individuals. The room was quickly filled with security guards who began escorting the leaders away, while the White House press secretary was heard saying, "We'll be ready for this again."
Police identified the man as Cole Tomas Allen, 31, of Torrance, California. Trump called him a "sick man," saying, "When you're useful, they hunt you down. When you're useless, they take revenge." Two hours later, he said they believed he acted alone, with no other people behind the attack.
Among the leaders at the dinner were President Trump, Vice President JD Vance, Secretary of Defense Pete Hegseth and Secretary of State Marco Rubio. All were escorted out of the room without injury.
Washington Mayor Muriel Bowser said there was no evidence of any other involvement in the attack. This is the third time since 2024 that there has been an assassination attempt or shooting at a Trump residence. She said greater security is needed than ever, saying, “We will not allow anyone to take over our people.”
Acting Attorney General Todd Blanche said charges related to the attack are being prepared, and Allen is expected to appear in court on Monday, April 27, 2026.
More from the newsroom
Related stories
Related Articles

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 5, 12:17 PM
Gen. Christian Tshiwe, former Commander-in-Chief of the Democratic Republic of Congo's Armed Forces, and 9 of his associates have been brought before a DRC court,
Soma inkuru yose hano 👇👇👇 tuganire news

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 5, 12:17 PM
Gen. Christian Tshiwe, wabaye Umugaba Mukuru w’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo we nabagenzi be 9 bagejejwe murukiko RDC
Soma inkuru yose hano 👉 Tuganire news 👈

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 5, 11:58 AM
Hundreds of Libyans protested at the UNHCR headquarters in Tripoli on June 4, 2026. They demanded that all migrants leave the country and that the UNHCR headquarters be permanently closed. They accused the UN of plotting to resettle migrants in Libya.
Read All here 👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 5, 11:58 AM
Abaturage bo muri Libya mu magana bigaragambirije ku cyicaro cya UNHCR i Tripoli ku wa 4 Kamena 2026. Basabaga ko abimukira bose bava mu gihugu, kandi ko icyicaro cya UNHCR gifungwa burundu. Bashinja Loni kugira umugambi wo gutuza abimukira muri Libya.
Soma inkuru yose hano 👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 5, 11:00 AM
In the Democratic Republic of Congo, a group of people attacked a team of medical workers who were burying a person who died of Ebola
Read All here 👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 5, 11:00 AM
Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abaturage bateye itsinda ry’abakozi b’inzobere bari mu gikorwa cyo gushyingura umuntu wishwe
Soma inkuru yose hano 👇👇
Share this article

NSANZIMANA Sylver
Article Author