indege nyinshi z’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahanutse mu gitondo cyo kuri uyu wa 2 Werurwe 2026, abari bazirimo bararokoka.
Read English and kinyarwanda 👇👇👇👇👇👇

Advertisement
Minisiteri y’Ingabo ya Koweit yatangaje ko indege nyinshi z’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahanutse mu gitondo cyo kuri uyu wa 2 Werurwe 2026, abari bazirimo bararokoka. Umuvugizi w’iyi Minisiteri, Col Said Al-Atwan, yavuze ko izi ndege zikimara guhanuka, ubuyobozi bwatangije ako kanya ibikorwa by’ubutabazi, bukura abari muri izi ndege aho zaguye, bubajyana ku bitaro, bigaragara ko nta kibazo gikomeye bafite
Icyateye izi mpanuka kitaramenyekana, ariko Minisiteri y’Ingabo ya Koweit yavuze ko yarimo ikorana na Amerika, kugira ngo hamenyekane icyaziteye. Leta ya Koweit igaragaza ko amakuru nyakuri agomba gutangwa n’inzego zibifitiye ububasha.
Koweit ni kimwe mu bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati biri kuraswaho na Iran, aho isobanura ko birimo ibirindiro by’ingabo za Amerika; igihugu kiri kuyigabaho ibitero cyifatanyije na Israel kuva tariki ya 28 Gashyantare 2026.
Iran na Israel mumirwano bihuriyemo na Amerika ,kuva iyo ntambara yatangira byatangajweko Ibihugu bigize umuryango wa Gulf byatangaje ko kuva ku wa Gatandatu mu gitondo byahagaritse misile na drone zirenga 1,500 byarashwe na Iran.
United Arab Emirates yonyine yahagaritse misile za balistike 165 na drone 540, Kuwait ihagarika hafi misile 100 na drone 300, Qatar yahagaritse misile 65, Jordan bivugwa ko yahagaritse misile 13 za balistike na drone 50, ni mu gihe Bahrain yo yahagaritse misile 45 na drone 9.
Bikaba bivugwa ko mu masaha 48 gusa, Iran yarashe ibisasu birenga 1,500 ku bihugu bitanu, ariko nta kigo na kimwe cya gisirikare cya Amerika yarashe ho. Ubu akaba ari bwo bwirinzi buhenze cyane bwabereye mu kirere mu mateka.
#Tuganire news
*Ibindi biganiro: turaza kubagezaho👇👇
- Ibitero bya Iran ku birindiro by’ingabo za Amerika muri Qatar
- Amerika yohereje amato n’indege by’intambara hafi na Israel
- Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zavuye ku butaka bwa Iraq
In English
The Kuwaiti Ministry of Defense announced that several US military aircraft crashed on the morning of March 2, 2026, and all those on board survived. The ministry's spokesman, Col Said Al-Atwan, said that immediately after the crash, the authorities launched rescue operations, removing the passengers from the crash site and taking them to hospital, and that they do not appear to have any serious injuries.
The cause of the crash is not yet known, but the Kuwaiti Ministry of Defense said it was working with the United States to determine the cause. The Kuwaiti government says accurate information should be provided by the competent authorities.
Kuwait is one of the Middle Eastern countries targeted by Iran, which claims to host US military bases; the country has been attacking it in conjunction with Israel since February 28, 2026.
Iran and Israel are locked in a war with the United States, and since the war began, it has been announced that the Gulf Cooperation Council (GCC) announced that since Saturday morning they have intercepted more than 1,500 missiles and drones fired by Iran.
The United Arab Emirates alone has destroyed 165 ballistic missiles and 540 drones, Kuwait has destroyed nearly 100 missiles and 300 drones, Qatar has destroyed 65 missiles, Jordan is said to have destroyed 13 ballistic missiles and 50 drones, while Bahrain has destroyed 45 missiles and 9 drones.
It is reported that in just 48 hours, Iran fired more than 1,500 missiles at five countries, but did not target any US military installations. This is the most expensive air defense strike in history.
Share this article

NSANZIMANA Sylver
Article Author
Advertisement





