Intumwa za Amerika Witkoff na Kushner boherejwe i Islamabad guhura na Abbas araqchi , mugutegura gahunda y’ibiganiro Iran na Amerika
Soma inkuru yose hano 👇👇👇

Share
Intumwa za Amerika Witkoff na Kushner boherejwe i Islamabad guhura na Abbas araqchi , mugutegura gahunda y’ibiganiro Iran na Amerika
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko intumwa zidasanzwe za Perezida Donald Trump, Steve Witkoff na Jared Kushner, berekeje i Islamabad muri Pakistan ku wa 25 Mata 2026. Bahagereye guhura na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araqchi, wari wageze i Islamabad ku wa 24 Mata mu ruzinduko yari yateganyije.
Nubwo impande zombi ziteganyijwe guhura, Iran ntiremeza ko hazabaho ibiganiro na Amerika. Yavuze ko uruzinduko rwa Araqchi ari urusanzwe rugamije gukomeza umubano mwiza na Pakistan no kuganira ku bibazo by’umutekano mu Burasirazuba bwo Hagati, nyuma akazakomeza muri Oman n’u Burusiya. Iran iherutse gutangaza ko idafite gahunda yo gusubira mu biganiro kuko ibona Amerika idakomeje.
Ku rundi ruhande, Pakistan yo iratanga icyizere ko ibiganiro bishobora kuba, kuko yiteguye byimazeyo ndetse imihanda imwe n’imwe yafunzwe. Ibi biganiro byari byitezwe ku wa 21 Mata 2026 ariko ntibyaba kuko Iran itigeze yemeza ko izabyitabira. Ibya mbere byabaye ku wa 12 Mata 2026 byamaze amasaha 21 ariko nta cyo byatanze.
Iran yagaragaje ingingo 10 zigomba kwibandwaho kugira ngo amasezerano yo kurangiza intambara agerweho. Harimo guhagarika intambara kuri Iraq, Lebanon na Yemen, gufungura burundu inzira ya Hormuz, gukuraho ibihano byafatiwe Iran, kurekura umutungo wa Iran wafatiriwe na Amerika, no kwishyura ibisana ibyangijwe. Iran kandi yemeza ko itazongera gukora intwaro za kirimbuzi.
Amerika yo isaba Iran guhagarika gahunda yo gukora intwaro za nucléaire, gufungura inzira ya Hormuz, guhagarika gutera inkunga imitwe yitwaje intwaro, no guhagarika ibitero ku bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati. Perezida Trump yagaragaje ko nibitagerwaho azayirimbura.
Ikibazo gihangayikishije ubu ni inzira ya Hormuz yafunzwe n’iyi ntambara, ikaba inyuzwamo 20% by’ibikomoka kuri peteroli by’Isi. Iran yayifunguye ku wa 17 Mata nyuma y’agahenge ka Israel na Hezbollah, ariko yayongeye kuyifunga ku wa 18 Mata nyuma y’uko Amerika ikomeje gufunga ibyambu bya Iran. Ibi byongereye ihungabana ry’ubukungu bw’isi, bigatuma ibiganiro by’i Islamabad biba ingenzi.
In English
US envoys Witkoff and Kushner sent to Islamabad to meet with Abbas Araqchi, in preparation for Iran-US talks
The United States announced that President Donald Trump's special envoys, Steve Witkoff and Jared Kushner, traveled to Islamabad, Pakistan, on April 25, 2026. They arrived to meet with Iranian Foreign Minister Abbas Araqchi, who arrived in Islamabad on April 24 for a scheduled visit.
Although the two sides are scheduled to meet, Iran has not confirmed that there will be talks with the United States. He said that Araqchi's visit is a normal one aimed at maintaining good relations with Pakistan and discussing security issues in the Middle East, and then he will continue in Oman and Russia. Iran has recently announced that it has no plans to return to the talks because it sees the United States as unmoved.
On the other hand, Pakistan is hopeful that the talks can take place, as it is fully prepared and some roads have been closed. These talks were expected on April 21, 2026, but they could not take place because Iran did not confirm its participation. The first one, which took place on April 12, 2026, lasted 21 hours but yielded nothing.
Iran has outlined 10 points that must be prioritized for a deal to end the war. These include ending the wars in Iraq, Lebanon, and Yemen, fully opening the Strait of Hormuz, lifting sanctions on Iran, releasing Iranian assets seized by the United States, and paying reparations. Iran also pledges not to develop nuclear weapons.
The United States is demanding that Iran halt its nuclear weapons program, open the Strait of Hormuz, stop supporting militant groups, and stop attacking countries in the Middle East. President Trump has threatened to destroy it if that fails.
The current concern is the war-torn Strait of Hormuz, through which 20% of the world's oil passes. Iran reopened it on April 17 after a truce between Israel and Hezbollah, but closed it again on April 18 after the US continued to close Iranian ports. This has added to the global economic turmoil, making the talks in Islamabad crucial.
More from the newsroom
Related stories
Related Articles

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 10, 12:53 AM
The Democratic Republic of Congo's parliament has passed a law allowing for a referendum in the country. It has been sent to the Senate for a vote. The parliamentary elections were held on June 9, 2026.
Read All here 👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 10, 12:53 AM
Abadepite ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batoye itegeko ryemera ko mu gihugu haba amatora ya referandumu. Baryohereje muri Sena ngo na yo iritore. Amatora yo mu mutwe w’abadepite yabaye ku wa 9 Kamena 2026.
Soma inkuru yose hano 👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 10, 12:52 AM
US President Donald Trump said that Iran's military shot down a US Apache helicopter. He said the US would retaliate if it was confirmed. He made the remarks in a message on the Truth Social website on Tuesday, June 9, 2026.
Read All about it here 👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 10, 12:52 AM
Irani irashe Indege ya Amerika
Soma inkuru yose hano 👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 10, 12:52 AM
More than 300 migrants heading to Britain last summer were kidnapped in Libya.
Read full story here 👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 10, 12:52 AM
Abimukira barenga 300 berekezaga mu Bwongereza mu mpeshyi ishize bashimuswe muri Libya
Soma inkuru yose hano 👇👇
Share this article

NSANZIMANA Sylver
Article Author