Irani irashe Indege ya Amerika
Soma inkuru yose hano 👇👇

Share
Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko ingabo za Iran zarashe indege ya Amerika yo mu bwoko bwa kajugujugu izwi nka Apache Helicopter. Yateguje ko Amerika izasubiza Iran niba ibyo byemejwe. Ibyo yabivugiye mu butumwa bwo ku rubuga rwa Truth Social ku wa Kabiri tariki 9 Kamena 2026.
Trump yanditse ko yamenyeshejwe n’ingabo za Amerika ko mu ijoro ryacyeye ryo ku wa Mbere, Abanya Iran bahanuye imwe mu ndege z’agatangaza za Apache Helicopter. Yavuze ko iyo ndege yari mu bikorwa by’ubugenzuzi bw’umutekano mu nzira ya Hormuz.
Yakomeje avuga ko uko byagenda kose Amerika izasubiza iki gitero. Ibyo byatumye habaho impungenge z’uko hagira umwuka mubi ukomeza hagati ya Washington na Tehran, mu gihe ibihugu byombi bimaze igihe bifitanye amakimbirane.
Minisiteri y’Ingabo za Amerika yari yavuze ko ku wa Mbere tariki 7 Kamena 2026, indege yabo yarimo abapilote babiri yaguye. Ariko abapilote batabarwa ari bazima, bigizwemo uruhare na drone zigendera mu mazi. Ntiyigeze ivuga ko yarashwe n’ubutegetsi bwa Iran.
Iran ntiyigeze yigamba ko ari yo yarashe iyo ndege. Ariko yagiye ivuga kenshi ko icyo izabona gicaracara mu nzira ya Hormuz kizaraswa mu gihe nta burenganzira cyahawe. Ibi bigaragaza uko Tehran ihagaze ku bijyanye no kurinda iyi nzira y’ingenzi.
Ingabo za Amerika zakikije inzira ya Hormuz kuva mu kwezi kwa Gashyantare, ubwo zakoraga ibitero bikomeye kuri Iran. Ibi byiyongereye ku mibanire mibi hagati y’ibihugu byombi nyuma y’ibikorwa bya gisirikare byagiye bikorerwa mu karere k’Abarabu.
Iran yahise ifata umwanzuro wo gufunga inzira ya Hormuz inyuzwamo peteroli nyinshi mu Isi. Abanyamerika baharunze indege n’amato by’intambara mu mujyo wo kugerageza gufata ubugenzuzi bw’ayo mazi. Ifungwa ryayo ryashyize akaga mu Isi, ahanini bishingiye ku ibura ry’ibikomoka kuri peteroli byayinyuzwagamo.
Iri fungwa ry’inzira ya Hormuz rishobora kugira ingaruka zikomeye ku bukungu bw’Isi, kuko hejuru ya 20 ku ijana bya peteroli ikoreshwa ku Isi inyura muri iyo nzira. Impande zombi zirakangirana, kandi abahuza mpuzamahanga bashaka ko habaho gukemura ibibazo mu nzira y’amahoro kugira ngo hatagira intambara iduka mu karere.
Read In English
US President Donald Trump said that Iran's military shot down a US Apache helicopter. He said the US would retaliate if it was confirmed. He made the remarks in a message on the Truth Social website on Tuesday, June 9, 2026.
Trump wrote that he had been informed by the US military that late Monday night, Iran shot down one of the Apache helicopters. He said the aircraft was conducting security patrols in the Strait of Hormuz.
He went on to say that the US would respond to the attack no matter what. That raised concerns about continued tension between Washington and Tehran, as the two countries have long been at odds.
The US Department of Defense said that on Monday, June 7, 2026, their plane with two pilots on board crashed. But the pilots were not rescued alive, which was due to the involvement of underwater drones. It did not say that it was shot down by the Iranian regime.
Iran has never claimed responsibility for the downing of the plane. But it has repeatedly said that anything it sees in the Strait of Hormuz will be shot down without authorization. This reflects Tehran's stance on protecting this vital waterway.
US forces have been blocking the Strait of Hormuz since February, when they carried out major strikes on Iran. This has added to the deteriorating relations between the two countries after a series of military actions in the Arab region.
Iran immediately decided to close the Strait of Hormuz, through which much of the world's oil passes. The Americans have deployed aircraft and warships in an attempt to take control of the waterway. Its closure has put the world at risk, mainly due to the lack of oil products that flow through it.
The closure of the Strait of Hormuz could have a major impact on the global economy, as more than 20 percent of the world's oil passes through it. Both sides are wary, and international mediators are seeking a peaceful resolution to the issue to avoid a regional war.
More from the newsroom
Related stories
Related Articles

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 10, 12:53 AM
The Democratic Republic of Congo's parliament has passed a law allowing for a referendum in the country. It has been sent to the Senate for a vote. The parliamentary elections were held on June 9, 2026.
Read All here 👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 10, 12:53 AM
Abadepite ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batoye itegeko ryemera ko mu gihugu haba amatora ya referandumu. Baryohereje muri Sena ngo na yo iritore. Amatora yo mu mutwe w’abadepite yabaye ku wa 9 Kamena 2026.
Soma inkuru yose hano 👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 10, 12:52 AM
US President Donald Trump said that Iran's military shot down a US Apache helicopter. He said the US would retaliate if it was confirmed. He made the remarks in a message on the Truth Social website on Tuesday, June 9, 2026.
Read All about it here 👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 10, 12:52 AM
More than 300 migrants heading to Britain last summer were kidnapped in Libya.
Read full story here 👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 10, 12:52 AM
Abimukira barenga 300 berekezaga mu Bwongereza mu mpeshyi ishize bashimuswe muri Libya
Soma inkuru yose hano 👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 5, 12:17 PM
Gen. Christian Tshiwe, former Commander-in-Chief of the Democratic Republic of Congo's Armed Forces, and 9 of his associates have been brought before a DRC court,
Soma inkuru yose hano 👇👇👇 tuganire news
Share this article

NSANZIMANA Sylver
Article Author