M23 yinjije abasirikare kabuhariwe 1518 bo mumutwe udasanzwe mugisirikare
Read in English and kinyarwanda 👇👇👇👇👇👇

Share

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryinjije mu ngabo zaryo abarwanyi bo mu mutwe udasanzwe 1518 barimo abavuye mu ngabo za FARDC biyemeje guhangana n’ubutegetsi bwa Tshisekedi. Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23 Gen Maj Sultani Makenga yavuze ko RDC yashegeshwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi uyobora igihugu nk’akarima ke
Yavuze ko ingabo za AFC/M23 ziharanira kubohora igihugu, abaturage ntibakomeze kwicwa. Gen Makenga yagaragaje ko impunzi ziri mu bihugu bitandukanye zahunze ibikorwa bibi by’ingabo za FARDC n’iyo mitwe itandukanye.
AFC/M23 ivuga ko Tshisekedi yakusanyije abajura bose n’abanyabyaha abaha intwaro kugira ngo bice abasivili babaziza ubwoko bwabo. Bica abaturage banze kugendera ku ngengabitekerezo mbi babashyiramo, bakabica kugira ngo basahure ibyabo.
Gen Makenga yavuze ko bifuza kubaka igihugu cyubashywe n’abaturage bubashywe kandi bizagerwaho. Ati “Mwiteguye kwirukana ubutegetsi butagira icyo bwitaho bwa Kinshasa?” bose barasubiza bati “Yego Afande”.
AFC/M23 yavuze ko abantu bavuye muri FARDC batazi aho bagiye bashobora gushyirwa mu mfungwa z’intambara bagashyikiriza ubutegetsi bwa Kinshasa.
Intambara ya FARDC, Wazalendo, abacanshuro, FDLR n’ingabo z’u Burundi bahanganye na AFC/M23 imaze imyaka myinshi ndetse uyu mutwe uharanira uburenganzira bw’Abanye-Congo b’Abatutsi bicwa abanda bakameneshwa wagaragaje ko ushyize imbere kubohora igihugu, ukakivana mu maboko ya Tshisekedi n’abo bafatanyije
AFC/M23 ivuga ko ikomeje guhagarara ku buzima bw’abaturage, kandi ko ushyigikiye inzira z’amahoro, ariko ko uzakomeza gukora ibishoboka byose ukarwana ku baturage n’ibyabo.
In English
The AFC/M23 coalition fighting the government of the Democratic Republic of Congo has integrated 1,518 special forces fighters into its army, including those from the FARDC, who are determined to fight against the Tshisekedi regime. The Commander-in-Chief of the AFC/M23 fighters, Gen Maj Sultani Makenga, said that the DRC has been destroyed by the Tshisekedi regime, which runs the country like a puppet.
He said that the AFC/M23 forces are striving to liberate the country, and that the civilians will not continue to be killed. Gen Makenga pointed out that refugees in various countries have fled the evil actions of the FARDC forces and these various groups.
AFC/M23 claims that Tshisekedi has gathered all the thieves and criminals and armed them to kill civilians because of their ethnicity. They kill citizens who refuse to follow the evil ideology they instill in them, and they kill them to loot their property.
Gen Makenga said that they want to build a country that is respected by its citizens and that it will be achieved. He said, “Are you ready to oust the indifferent government of Kinshasa?” They all replied, “Yes, Afande.”
AFC/M23 said that people who left the FARDC without knowing where they went could be placed as prisoners of war and handed over to the Kinshasa government.
The war between FARDC, Wazalendo, mercenaries, FDLR and Burundian forces against AFC/M23 has been going on for many years, and this movement that fights for the rights of Congolese Tutsis who are being massacred and expelled has shown that it prioritizes liberating the country, taking it out of the hands of Tshisekedi and his allies.
AFC/M23 says it continues to stand for the lives of the people, and that it supports peaceful processes, but that it will continue to do everything possible to fight for the people and their rights.
More from the newsroom
Related stories
Related Articles

Politic
NSANZIMANA Sylver00May 26, 11:15 AM
The United States launched another attack on southern Iran today, May 26, 2026.
Read All about it here 👇👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00May 26, 11:14 AM
Amerika yongeye kugaba ibitero mu majyepfo ya Iran uyu munsi taliki ya 26/gicurasi 2026
Soma inkuru yose hano 👇👇 English and kinyarwanda

Politic
NSANZIMANA Sylver00May 25, 09:46 PM
The Speaker of the Senegalese National Assembly, Malick Ndiaye, has officially announced his resignation.
Read All here 👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00May 25, 09:46 PM
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Sénégal, Malick Ndiaye, yatangaje ku mugaragaro ko yeguye ku mirimo ye
Soma inkuru yose hano 👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00May 24, 05:04 AM
The US has already lost more than 40 warplanes and other expensive assets
Read All here 👇👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00May 24, 05:04 AM
Amerika imaze gutakaza indege z'intambara zirenga 40 ndetse nibindi bihenze cyane
Soma inkuru yose hano 👇👇
Share this article

NSANZIMANA Sylver
Article Author