Perezida Paul kagame yakuye Kandi ashyira (yasimbuje)munshingano ABAyobozi batandukanye muri za ministeri zitandukanye
Soma inkuru yose hano 👇👇👇👇

Share
Perezida Paul kagame yakuye Kandi ashyira (yasimbuje)munshingano ABAyobozi batandukanye muri za ministeri zitandukanye
Nyuma y’impinduka zabaye muri Guverinoma mu ijoro ryo ku wa 10 Kamena 2026, abayobozi basimbuwe bashimiye Perezida wa Repubulika Paul Kagame. Bashimiye amahirwe yabahaye yo gukorera Abanyarwanda, impanuro, ndetse n’ubufasha yabagaragarije mu gihe cyose bamaze mu nshingano.
Mu bashimiye Umukuru w’Igihugu harimo Amb. Jean de Dieu Uwihanganye. Yasimbuwe na Eng. Armand Zingiro ku mwanya w’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, MININFRA.
Hari kandi Amb. Nkulikiyinka Christine wari Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, MIFOTRA. Yasimbuwe na Uwiyeze Judith.
Hari na Sebahizi Prudence wari Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, MINICOM. Yasimbuwe na Minisitiri Kajangwe Antoine Marie.
Sebahizi yagize ati: “Nshimiye byimazeyo Perezida Paul Kagame kubwo imyaka ibiri nari maze nkorera Minicom. Ndashimira icyizere yangiriye cyo gukorera Igihugu nka Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda mu myaka ibiri ishize. Nishimiye cyane gukorana na bagenzi banjye bagize Guverinoma ndetse n’itsinda rya MINICOM mu guteza imbere inganda, kuzamura uruhare rw’abikorera, guteza imbere ubucuruzi bushingiye ku ikoranabuhanga no gushimangira ubufatanye mu Karere. Amahirwe masa kuri Kajangwe wahawe inshingano nshya.”
Amb. Nkulikiyinka Christine wagizwe Ambasaderi wa Repubulika y’u Rwanda mu Bwami bwa Espagne yagaragaje ko mu gihe yamaze muri Guverinoma yungutse ubumenyi. Yavuze ko ari iby’agaciro gukorana na bagenzi be bayobowe n’ubuyobozi bwa Perezida Kagame bufite icyerekezo.
Yakomeje agira ati: “Byari urugendo rwiza rwanyigishije byinshi. Ndashimira cyane Nyakubahwa Perezida Paul Kagame ku cyizere yakomeje kungirira kugira ngo nkomeze gutanga umusanzu mu iterambere ry’u Rwanda dukunda. Ntewe ishema no gutangira indi ntambwe nshya y’inshingano, kandi nzakora ibishoboka byose ngo nzisohoze neza.”
Amb. Uwihanganye Jean de Dieu wasimbuwe na Eng. Armand Zingiro nawe yagaragaje ko yanyuzwe n’impanuro n’ubufatanye yagaragarijwe mu gihe yamaze mu nshingano. Yizeze kuzakomeza gufatanya n’abandi mu rugendo rwo kubaka u Rwanda.
Yagize ati: “Nyakubahwa Perezida, Mbashimiye amahirwe yo gukora, impanuro no kunshyigikira mu rugendo. Nshimiye nabo twakoranye muri Mininfra kubwo umurava no gukorera hamwe. Nzakomeza gutanga umusanzu mu kubaka Igihugu kandi nifurije amahirwe masa abayobozi bashya bahawe inshingano.”
Izi mpinduka za Guverinoma zerekana ko u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu kuzamura ubuyobozi no guha abayobozi bashya amahirwe yo gutanga umusanzu mu iterambere ry’igihugu.
More from the newsroom
Related stories
Related Articles

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 11, 12:56 PM
President Paul Kagame has removed and replaced various leaders in various ministries.
Read all about it here 👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 10, 04:26 PM
The United Nations human rights organization Human Rights Watch (HRW) accuses Rwanda of supporting the M23 rebel group. Here is the report it released.
Read all about it here 👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 10, 04:26 PM
Umuryango w'abibumbye ushinzwe kurengera uburenganzira bwa muntu kwisi human right watch (HRW) ushinza URwanda gufasha umutwe w'inyeshyamba wa m23 .dore raporo washyize hanze
Soma inkuru yose hano

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 10, 11:35 AM
President Paul Kagame received a group of members of the Young Presidents’ Organization (YPO)
Read All about it here 👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 10, 11:35 AM
Perezida Paul Kagame yakiriye itsinda ry’abibumbiye mu Muryango w’Abayobozi Bato ku Isi, YPO, Young Presidents’ Organization
Soma inkuru yose hano 👇👇👇

Politic
NSANZIMANA Sylver00Jun 10, 12:53 AM
The Democratic Republic of Congo's parliament has passed a law allowing for a referendum in the country. It has been sent to the Senate for a vote. The parliamentary elections were held on June 9, 2026.
Read All here 👇👇👇
Share this article

NSANZIMANA Sylver
Article Author