Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko akunda u Burayi kandi ashaka ko butera imbere ariko abona buri kugana mu cyerecyezo kibi, ari yo mpamvu ashaka kwigururira ikirwa cya Greenland.
Soma inkuru yose hano ๐๐

Advertisement
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko akunda u Burayi kandi ashaka ko butera imbere ariko abona buri kugana mu cyerecyezo kibi, ari yo mpamvu ashaka kwigururira ikirwa cya Greenland.
Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye Inama Mpuzamahanga yโUbukungu iri kubera i Devos mu Busuwisi kuri uyu wa Gatatu, Perezida Trump yavuze ko nubwo hari ibihugu byโu Burayi bitamushyigikiye ariko ashaka ibiganiro byihuse byo kwigarururia ikirwa cya Greenland.
Gusa muri iyo nama Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko igihugu ayoboye kitazifashisha ingufu mu mugambi gifite wo kwigarurira Greenland.
Icyakora Trump yagaragaje ko agishikamye ku mugambi wo kwigarurira iki kirwa kigenzurwa na Danmark ndetse ko abazamwitambika bazahura nโingorane nyinshi.
Ibi Trump yabivugiye mu ijambo yatanze kuri uyu wa 21 Mutarama 2026, mu nama mpuzamahanga yiga ku bukungu iri kubera i Davos mu Busuwisi.
Yagize ati โAbantu batekereza ko nzakoresha imbaraga, ariko nta mpamvu yo kuzikoresha. Sinshaka kuzikoresha kandi sinzazikoresha.โ
Trump yavuze ko yavuze ko kwigarurira Greenland bikwiriye kuganirwaho byihuse. Ati โBafite amahitamo, mushobora kubyemera tukabashimira, cyangwa mukabyanga tukazahora tubyibuka.โ
Trump yanenze cyane abafatanyabikorwa ba Amerika bo ku mugabane wโu Burayi, abashinja uburyarya, kudaha agaciro Amerika no gufata ibyemezo bidahwitse, cyane cyane ku bijyanye nโingufu zisubira, ibidukikije, abimukira nโumutekano mpuzamahanga.
Trump amaze igihe ashyira igitutu ku bihugu byโu Burayi kubera Greenland, ibyagize ingaruka ku mubano hagati yabo.
Yise Denmark igihugu cyโindashima, avuga ko gusaba Greenland byari ikintu gito kuko ari agace kโurubura, anongeraho ko kuyigarurira bitahungabanya umuryango wa OTAN Danmark na Amerika bibarizwamo.
Ati โNta gihugu cyangwa ihuriro ryโibihugu rifite ubushobozi bwo kurinda Greenland uretse Leta Zunze Ubumwe za Amerika.โ
Abayobozi ba OTAN bagaragaje impungenge ko uyu mugambi wa Trump, bavuga ko ushobora guhungabanya uyu muryango, mu gihe abayobozi ba Danmark na Greenland bavuze ko Amerika ishobora kurinda iki kirwa mu buryo bwinshi butandukanye aho kucyigarurira.
Donald Trump, Rais wa Marekani, amekadha kuwaipendeke sana Ulaya na anataka iendelee mbele lakini anaona inakwenda kwenye mwelekeo mbaya, ndiyo maana anataka kuinunua Greenland. Katika hotuba yake kwenye mkono wa Kimataifa wa Uchumi huko Davos, Uswisi, Trump alisema kuwa licha ya nchi za Ulaya kutokumwunga mkono, bado anataka mazungumzo ya haraka ya kuinunua Greenland. Hata hivyo, Trump alisema kuwa nchi yake haitatumia nguvu katika mpango huo
Muhtasari wa Kiswahili
- Trump anataka kuinunua Greenland kwa sababu ya maslahi ya kiusalama ya Marekani.
- Denmark na Greenland zimekataa kuuza Greenland.
- Trump ametishia kutumia vikwazo vya kiuchumi dhidi ya Denmark na nchi nyingine za Ulaya.
- NATO imeonyesha wasiwasi kuhusu mpango wa Trump.
- Trump amesema haitatumia nguvu kupata Greenland.
- Mazungumzo kati ya Marekani na Denmark yanaendelea.
Muhtasari wa Kinyarwanda
- Trump arashaka kwigarurira Greenland kubera umutekano w'Amerika.
- Denmark na Greenland zikataje kuuza Greenland.
- Trump yagize impungenge mu muryango wa OTAN.
- Trump yatangaje ko atazakoresha nguvu kugira Greenland.
- Ibiganiro hagati ya Amerika na Denmark bigenda mu maendeleo.
Share this article

NSANZIMANA Sylver
Article Author
Advertisement





