Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba yahaye Robert Kyagulanyi Ssentamu uwari ahanganye na museveni Ari nawe se wa gen muhoozi mumatora y'umukuru w'igihugu amasaha 48 yo kuba yishyikirije polisi bitaba ibyo agahigwa nk'igisambo
Soma inkuru yose hano 👇👇

Gallery



Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba yahaye Robert Kyagulanyi Ssentamu uwari ahanganye na museveni Ari nawe se wa gen muhoozi mumatora y'umukuru w'igihugu amasaha 48 yo kuba yishyikirije polisi bitaba ibyo agahigwa nk'igisambo

Bobi Wine ari mu bakomeye batavuga rumwe na Leta ya Uganda. Mu matora yabaye ku wa 15 Mutarama 2026 Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yongeye gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu ku majwi 71,6%, Bobi Wine amukurikira n’amajwi 24,72%. We na Gen Muhoozi ntibacana uwaka ndetse inshuro nyinshi bahora mu ntambara y’amagambo.
Mu butumwa Gen Muhoozi yanyujije kuri X, yagaragaje ko Bobi Wine akunze kwita ‘Kabobi” natishyikiriza Polisi aza gufatwa nk’urwanya Guveninoma ya Uganda.
Ati “Kuri Kabobi, umuhombyi w’ibihe byose, muhaye amasaha 48 yo kuba yishyikirije Polisi. Natabikora tuzamufata nk’utuhahiriza amategeko cyangwa urwanya Guverinoma ndetse tuzamutwara uko.”

Gen Muhoozi ntabwo yakunze gucana uwaka na Bobi Wine usanzwe ari umuyobozi wa National Unity Platform (NUP).
Mu minsi ishize Bobi Wine yashyize amashusho kuri X avuga ko kuva ku wa 15 Mutarama 2026 akiva gutora, urugo rwe rwabanje kuzengurukwa n’abashinzwe umutekano, ndetse nyuma bakuraho camera zifata amashusho, bigeze mu ijoro binjira ku ngufu mu gipangu cye.
Gen Muhoozi yahise yandika kuri X ko nta muntu uri guhiga Kyagulanyi.
Ati “Ahantu hatekanye ni mu bwiherero bwawe? Kuko nta muntu n’umwe uri kuguhiga”
Muri Gicurasi 2025 Gen Muhoozi yatangaje ko mu byo apfa na Robert Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ harimo amafaranga yamugurije ntiyayamwishyura.
Icyo gihe yavuze ko “Kabobi ntabwo ari Umugande, ni Umurundi. Tuzamwigishiriza Ikigande mu nzu yo munsi y’ubutaka. Mureke Kabobi azajye kwiyamamaza mu nzego z’ibanze zo mu gihugu akomokamo, u Burundi. Nzashyigikira ibikorwa bye byo kwiyamamaza.”
Umwe mu bagize icyo bavuga kuri ubu butumwa, yabajije Gen Muhoozi icyo apfa na Bobi Wine, undi amubwira ko hari amafaranga yamugurije ataramusubiza.

Ati “Hari umuntu wambajije impamvu nanga Kabobi, mwishyuza amafaranga. Reka anyishyure inguzanyo namuhaye.”
Gen Muhoozi ntiyigeze atangaza umubare w’amafaranga yagurije Bobi Wine, gusa aba bombi babaye inshuti mbere y’uko Bobi Wine yinjira muri politike ndetse agatangira kutavuga rumwe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni.
Muri Mutarama 2025 Gen Muhoozi yise uyu munyapolitiki “Inkende", yongeraho kuba akiriho, ari uko Umukuru w’Igihugu amukingira ikibaba.
Yagize ati “Kabobi arabizi ko umuntu wenyine umurinze ari Papa. Iyo Muzehe aba adahari, uyu munsi mba namuciye umutwe!”, yongera ati “Ibyo birabatunguye? Nta nubwo ndatangira kuvuga kuri uriya musazi Kabobi…Mureke ahungire kuri Muzehe nk’ibisanzwe.”
In English
Gen Muhoozi Kainerugaba, the son of Ugandan President Yoweri Museveni, has given Bobi Wine, a prominent opposition figure, 48 hours to surrender to police or face arrest. This ultimatum comes after Bobi Wine's claims of being under siege at his home following the January 15, 2026, presidential election, which Museveni won with 71.6% of the vote, while Bobi Wine secured 24.72%
The tension between Gen Muhoozi and Bobi Wine is not new. The two have been exchanging verbal jabs on social media, with Gen Muhoozi previously referring to Bobi Wine as "Kabobi" and accusing him of being a Burundian, not Ugandan
In his latest statement on X, Gen Muhoozi warned Bobi Wine to surrender or face consequences, stating, "To Kabobi, the eternal opportunist, you have 48 hours to surrender to police. If you don't, we'll hunt you down like a fugitive or someone inciting violence against the government"
Bobi Wine has been vocal about the alleged siege at his home, posting videos on X showing security forces surrounding his residence and removing CCTV cameras. Gen Muhoozi responded, questioning Bobi Wine's claims, saying, "Where is the safe place? No one is hunting you"
The animosity between Gen Muhoozi and Bobi Wine dates back to May 2025, when Gen Muhoozi revealed that he had lent Bobi Wine money, which he had not repaid. He also stated that Bobi Wine was only alive because of his father's protection
Gen Muhoozi's latest move has sparked reactions, with some questioning his motives and others supporting his stance against Bobi Wine. The situation remains tense, with concerns about the safety of Bobi Wine and the broader implications for Ugandan politics
The international community is watching the situation closely, with many calling for calm and respect for human rights. The outcome of this standoff remains uncertain, but it is clear that the rivalry between Gen Muhoozi and Bobi Wine is far from over

NSANZIMANA Sylver
Article Author





