Umuhanzi Ishimwe Vestine uririmbana n’umuvandimwe we Dorcas, yaciye amarenga ko yaba yaramaze gutandukana n’umugabo we, Idrissa Jean Luc Ouédraogo ukomoka muri Burkina Faso
Umuhanzi Ishimwe Vestine uririmbana n’umuvandimwe we Dorcas, yaciye amarenga ko yaba yaramaze gutandukana n’umugabo we, Idrissa Jean Luc Ouédraogo ukomoka muri Burkina Faso

Advertisement
Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe it Vestine usanzwe ufatanya na Murumuna we Kamikazi Dorcas, yanditse ubutumwa bukomeye bukubiyemo agahinda ndetse n'ubuzima bushaririye akomeje gucamo.
Mu butumwa bwahise bwakirirwa hejuru n'ababubonye ku rukuta rwe rwa Instagram, Ishimwe Vestine yanditse amagambo agira ati “Uyu munsi, ubuzima mbayeho ntabwo aribwo buzima nahisemo. Mbayeho nabi, kandi sinari nkwiye ibi. Nzi ko nafashe icyemezo kibi mu buzima bwanjye, ariko ntacyo bitwaye."
Muri ubu butumwa yakomeje avuga ko Imana yemera ko hari ibintu bimwe na bimwe bibaho kugira ngo bibe isomo. Aha niho yahise avuga ko yize byinshi kandi nta muntu uzongera kumubeshya ukundi.
Ati: "Nize byinshi. Nta muntu uzongera kumbeshya ngo yangize ubuzima bwanjye. Umugabo nzongera guhitamo nzabanza kumumenya neza, menye umuryango we, menye byose kuri we. Nta muntu uzongera kunkoresha cyangwa kunkinisha
Umuhanzi Ishimwe Vestine uririmbana n’umuvandimwe we Dorcas, yaciye amarenga ko yaba yaramaze gutandukana n’umugabo we, Idrissa Jean Luc Ouédraogo ukomoka muri Burkina Faso.
Bakoze ubukwe bushyushye ku wa Gatandatu tariki 5 Nyakanga 2025, mu Intare Conference Arena, none nyuma y'amezi ane umukobwa aricuza.
Ati "Uyu munsi ubuzima mbayemo si bwo nahisemo. Mbayeho mu buryo bubi, ntabwo mbikwiriye."
Yongeraho ati "Nta mugabo uzongera kumbeshya...Ubutaha nzashishoza."
Mwitonde kubaka urugo ntabwo ari ibintu byo gukina. Bisaba guhitamo neza, kujyisha inama no kureba imico yawe niba izahura n'iy'umo mugiye kubana.
In English
Gospel singer Ishimwe Vestine has shared a heartfelt message on her Instagram, expressing her pain and struggles amidst rumors of her marital issues. She wrote, "Today, the life I'm living is not the one I chose. I'm living badly, and I don't deserve this. I know I made a bad decision in my life, but it doesn't matter." She went on to say that she's learned a lot from her experiences and won't let anyone deceive her again.
Vestine, who performs with her brother Kamikazi Dorcas, hinted at her separation from her husband, Idrissa Jean Luc Ouédraogo from Burkina Faso, whom she married in a lavish ceremony in July 2025. She cautioned against rushing into marriage, emphasizing the importance of making informed decisions and considering compatibility.
Her message reads: "I've learned a lot. No one will deceive me again and ruin my life. The next man I'll choose, I'll get to know him well, his family, and everything about him. No one will use or cheat me again."
Vestine's fans are showing support and concern for her well-being, as she navigates this challenging time.
URABYUMVA UTE? #TuganireTNT news
Advertisement
Share this article

NSANZIMANA Sylver
Article Author
Advertisement





