Umutekano wa Trump uracyari icyibazo nyuma y’igitero cyo ku wa 25 Mata 2026
Soma inkuru yose hano 👇👇👇

Advertisement
Umutekano wa Trump uracyari icyibazo nyuma y’igitero cyo ku wa 25 Mata 2026
Perezida Donald Trump yongeye guhangana n’igitero cyo kumurasa ku wa 25 Mata 2026, ubwo yari mu musangiro n’abanyamakuru muri Washington Hilton. Umugabo witwaje imbunda ya masotela, imbunda nto n’ibyuma byinshi yarashe urufaya rw’amasasu hanze y’icyumba ibirori byaberagamo, arasa n’umwe mu bashinzwe umutekano ku ikoti ridatoborwa n’amasasu.
Abashinzwe umutekano bahise bahurira kuri Trump baramukikiza bashyiraho nyirantarengwa, mu gihe abandi bafashe ukekwa. Uwo mugabo wamenyekanye nka Cole Tomas Allen w’imyaka 31, ukomoka i Torrance muri California, yafashwe nyuma yo kurasana n’abashinzwe umutekano. Trump ntiyakomerekeye muri icyo gitero, ahubwo yavuze ko yatekereje ati “Ntabwo nshobora gutekereza niba hari umwuga uteje ibyago nk’uyu.”
uwagabye igitero yafashwe Umunyamakuru wa BBC wari aho yavuze ko nubwo imihanda yari ifunze, umutekano wari udakomeye cyane. Yavuze ko ushinzwe umutekano wagenzuye tike ye ariko atabyitayeho kubera ko yari kure. Amashusho ya camera Trump yashyize hanze agaragaza Allen yiruka arenga aho umwe mu bashinzwe umutekano yari ahagaze ku igorofa ryo hejuru.
Minisitiri w’Ubutabera w’Agateganyo, Todd Blanche, yavuze ko Allen yashakaga kwica abayobozi bakuru ba Amerika barimo na Trump. Polisi yavuze ko yari umushyitsi muri iyo hoteli, kandi Trump yashyize hanze ifoto ye yambaye ubusa aryamye hasi azirikiwe amaboko inyuma.
Iki ni igitero cya gatatu kigeragezwa kuri Trump kuva mu 2024. Mu mpeshyi ya 2024 baramurasiye i Butler muri Pennsylvania, isasu rimukomeretsa ugutwi. Mu mezi 2 nyuma, abagizi ba nabi bashatse kumurasa ku kibuga cye cya golf i Florida ariko baramupfa. Trump avuga ko “iyo uri ingirakamaro baraguhiga”.
Trump yavuze ko Washington Hilton itari irinzwe ku buryo bwihariye, maze yemeza ko imirimo yo kubaka icyumba kinini cyakira abantu benshi muri White House igomba kwihutishwa. Yagize ati “Ni icyumba kitapfa kuraswaho na drones, kizagira ibirahuri by’imitamenwa bitatoborwa n’amasasu”. Yashimiye kandi abashinzwe umutekano bahungishije Visi Perezida JD Vance.
Jeff Kroeger wahoze ari umukozi wa FBI yavuze ko inzego z’ibanga zakoze akazi kazo neza kuko zabashije gukumira Allen atinjira aho abayobozi bari bateraniye. Icyakora abahanga bavuga ko kubera uko Trump akunze kwibasirwa, hakwiriye gushyirwaho ingamba zikomeye n’umwitangirizwa munini mu birori nk’ibi.
. Ubugizi bwa nabi bukomeje kwibasira abayobozi muri Amerika*
Iki gitero cyongeye kwibutsa iby’ubugizi bwa nabi bwibasira abayobozi ba Amerika. Mu 2023 Polisi ishinzwe kurinda Inteko Ishinga Amategeko yatangaje ko yakoze iperereza ku bibazo 8,000 by’ubugizi bwa nabi. Mu 2025 impirimbanyi ya Conservative Charlie Kirk yishwe arashwe, naho mu 2022 umugabo wa Nancy Pelosi yakubiswe inyundo. Mu mateka, Perezida Ronald Reagan na we yarashwe mu 1981, mu gihe Abraham Lincoln na John F. Kennedy bo bishwe barashwe.
Share this article

NSANZIMANA Sylver
Article Author





