ITorero rya UEBR Kigali ryibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mumwaka 1994,ishimangira kurwanya amacakubiri
Soma inkuru yose hano 👇👇

Advertisement
ITorero rya UEBR Kigali ryibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mumwaka 1994,ishimangira kurwanya amacakubiri
Igikorwa cyo kwibuka cyabereye i Kigali
Ku cyumweru tariki ya 10 Gicurasi 2026, Ubumwe bw’Amatorero y’Abatisita mu Rwanda (UEBR) binyuze muri Paruwasi Kigali, bakoze igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi. Cyibutsemo by’umwihariko abayoboke b’iri torero bishwe muri Jenoside. Igikorwa cyitabiriwe n’abakirisitu b’iri torero n’abandi baturutse mu yandi matorero.
Gushyira indabo ku rwibutso
Mbere y’ibiganiro, abari bitabiriye bashyize indabo ku rwibutso rwo mu Murenge wa Nyarugenge, Kagari ka Rwampala, mu Mujyi wa Kigali. Uru rwibutso rucumbikiye imibiri y’abatutsi biciwe muri ako gace muri Mata 1994, rikaba rikomeje kuba ikimenyetso cyo kwibuka no guha agaciro abazize Jenoside.
Ubuhamya bwa Uwamahoro Constance
Mu buhamya bwatanzwe, Uwamahoro Constance yasubije inyuma ku rugendo rutoroshye yanyuzemo kuva mu 1959 ubwo gutotezwa kw’Abatutsi kwatangiriye, kugeza igihe Jenoside yakorewe Abatutsi ishyiriwe mu bikorwa. Yavuze ko yarokotse ku bw’impuhwe z’abasirikare ba FPR Inkotanyi, ati “Barangaburira, bampa amata ndanywa, nari maze kurokoka.”
Gushimira FPR Inkotanyi ku ruhare rwayo
Uwamahoro yashimiye FPR Inkotanyi yaje igafata igihugu ikarokora Abatutsi bicwaga, ubu u Rwanda rukaba rwarubatse ubumwe n’iterambere. Ati “Uyu munsi twicara mu rusengero turi bamwe, duhaha mu isoko rimwe, tukivuriza kwa muganga twese batabanje kureba umuntu uwo ari we.” Ibi bigaragaza impinduka u Rwanda rwagize nyuma ya Jenoside.

Kabera Evariste uhagarariye IBUKA mu Murenge wa Nyarugenge yasabye urubyiruko gukoresha ikoranabuhanga n’imbuga nkoranyambaga mu kurwanya abashaka kugoreka amateka no gupfobya Jenoside. Yavuze ko urubyiruko ari rwo ruzagenera ejo hazaza u Rwanda, bityo rukwiye guharanira kubungabunga ukuri ku mateka ya Jenoside.
Icyaha cyakozwe n’abakirisitu muri Jenoside
Rev. Pastor Murwanashyaka Thomas, Umushumba Mukuru akaba n’Umuvugizi wa UEBR, yagaragaje ko Jenoside yaranzwe n’ubunyamaswa budasanzwe aho abashakanye bishe bagenzi babo, abari baragiranye igihango bagitatira, abapasitoro bakica abakirisitu babo cyangwa abakirisitu bakica pasitoro. Ibi byagaragaje uburyo ingengabitekerezo ya Jenoside yari yarinjiye no mu matorero.
Kwamagana abakirisitu bijanditse muri Jenoside
Yagaye abakirisitu bavutse ubuzima bagenzi babo bitwikiriye uruhu rwa gikirisitu, avuga ko ari ikimenyetso cy’uko amadini adakwiye kuba ahantu habibwa urwango n’amacakubiri. Yavuze ko amadini akwiye kuba urumuri rw’ubumwe aho kuba igikoresho cy’urwango.
Icyemezo cya UEBR cyo kurwanya ingengabitekerezo
Rev. Murwanashyaka yavuze ko UEBR izakomeza kurwanya amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside, ikigisha inyigisho zuzuye ubumwe n’indangagaciro za gikirisitu. Ati “Tuzakomeza gushishikariza Abanyetorero kwirinda no kurwanya inyigisho zipfobya Jenoside ndetse no kubiba amacakubiri.”
Uruhare rw’amadini mu kubaka ubumwe
UEBR yatangiye mu 1939 ifite intego yo kwimakaza ubumwe bw’abayoboke no gukorana mu byo bahuriraho. Kugeza ubu irimo gahunda yo gufasha abakirisitu komora ibikomere bya Jenoside binyuze mu ivugabutumwa riherekejwe n’iterambere. Ibi bigaragaza ko amadini ashobora kugira uruhare rukomeye mu kubaka igihugu cyunze ubumwe.
Iki gikorwa cyibukije ko amateka ya Jenoside atagomba gusibangana kandi ko buri wese afite inshingano yo kuyarwanya mu mvugo no mu bikorwa. UEBR yongeye gusaba abakirisitu kwirinda urwango, kwimakaza imbabazi no gufatanya n’ubuyobozi bw’igihugu mu kubaka u Rwanda rudashobora gusubira mu bihe bibi by’amacakubiri n’ubwicanyi.

Share this article

NSANZIMANA Sylver
Article Author





