United States President Donald Trump announced that he has raised taxes on all states after the Supreme Court invalidated the one he had raised since the beginning of last year.
In(English kinyarwanda and kiswahili)👇👇👇

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko yazamuriye ibihugu byose umusoro, ukava kuri 10% wo hasi wari usanzwe, ukagera kuri 15%. Iki cyemezo cyavuye nyuma y’aho Urukiko rw’Ikirenga rutesheje agaciro iyo yari yarazamuye kuva mu ntangiriro z’umwaka ushize
Trump yavuze ko ibihugu byinshi byari bimaze igihe ‘bisahura’ Amerika imyaka myinshi bitabiryozwa, kandi ko umusoro mushya uzatuma Amerika yinjiza miliyari nyinshi z’Amadolari. Mu butumwa butandukanye yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwe, Truth Social, yishimiye iki cyemezo.
Ku wa 20 Gashyantare 2026, Urukiko rw’Ikirenga rwagaragaje ko Perezida Trump yazamuye umusoro birenze ububasha ahabwa n’Itegeko Nshinga, kuko Inteko Ishinga Amategeko ari yo yashoboraga kubifataho umwanzuro wa nyuma. Trump yatangaje ko umwanzuro w’aba bacamanza uteye isoni, agaragaza ko badakorera mu nyungu za Amerika.
Biteganyijwe ko umusoro mushya Trump yatangaje uzatangira kubahirizwa tariki ya 24 Gashyantare. Icyakoze uwo yari yarashyizeho kuva mu mwaka ushize wo ntugifite agaciro.
Trump yari yaratumbagije umusoro cyane ku bihugu ashinja kuryamira Amerika mu rwego rw’ubucuruzi. Ku Bushinwa, yari yarawugejeje kuri 245% ariko nyuma aroroshya ubwo ibihugu byombi byari byatangiye ibiganiro bigamije kugabanya icyuho mu bucuruzi
Iki cyemezo cya Trump kigamije gushyira igitutu ku miyoborere y’ibihugu itandukanye no gutuma ibihugu bitandukanye bihitamo guhagarika ubucuruzi na yo. Ariko, gishobora guhungabanya ubukungu bw’ibihugu binini by’ubucuruzi ku isi.
.

Related stories
Related Articles

French President Emmanuel Macron and his wife Brigitte Macron hosted Rwandan President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame at the Palais de l'Élysée on Tuesday evening, June 2, 2026.
Read all here 👇👇

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, n’umugore we Brigitte Macron bakiriye ku meza Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Madamu Jeannette Kagame.
Soma inkuru yose hano 👇👇

Kenyan President William Ruto has condemned the protests that have been going on for days demanding that the Kenyan government halt a US-led deal to build a hospital in the country.
Read all here 👇👇

Perezida wa Kenya William ruto yateye utwatsi abaturage bamaze iminsi bigaragambya basaba ko leta ya Kenya ihagarika amasezerano n'ibikorwa bya Amerika byo kubaka ibitaro BYA abora muri iki gihugu
Soma inkuru irambuye hano 👇👇

US President Donald Trump has said he will make a final decision on the deal, while Iran says talks are ongoing but no final agreement has been reached.

Donald Trump, yatangaje ko agiye gufata icyemezo cya nyuma ku byerekeye ayo masezerano
Soma inkuru yose hano 👇👇

NSANZIMANA Sylver
Article Author