United States President Donald Trump announced that he has raised taxes on all states after the Supreme Court invalidated the one he had raised since the beginning of last year.
In(English kinyarwanda and kiswahili)👇👇👇

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko yazamuriye ibihugu byose umusoro, ukava kuri 10% wo hasi wari usanzwe, ukagera kuri 15%. Iki cyemezo cyavuye nyuma y’aho Urukiko rw’Ikirenga rutesheje agaciro iyo yari yarazamuye kuva mu ntangiriro z’umwaka ushize
Trump yavuze ko ibihugu byinshi byari bimaze igihe ‘bisahura’ Amerika imyaka myinshi bitabiryozwa, kandi ko umusoro mushya uzatuma Amerika yinjiza miliyari nyinshi z’Amadolari. Mu butumwa butandukanye yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwe, Truth Social, yishimiye iki cyemezo.
Ku wa 20 Gashyantare 2026, Urukiko rw’Ikirenga rwagaragaje ko Perezida Trump yazamuye umusoro birenze ububasha ahabwa n’Itegeko Nshinga, kuko Inteko Ishinga Amategeko ari yo yashoboraga kubifataho umwanzuro wa nyuma. Trump yatangaje ko umwanzuro w’aba bacamanza uteye isoni, agaragaza ko badakorera mu nyungu za Amerika.
Biteganyijwe ko umusoro mushya Trump yatangaje uzatangira kubahirizwa tariki ya 24 Gashyantare. Icyakoze uwo yari yarashyizeho kuva mu mwaka ushize wo ntugifite agaciro.
Trump yari yaratumbagije umusoro cyane ku bihugu ashinja kuryamira Amerika mu rwego rw’ubucuruzi. Ku Bushinwa, yari yarawugejeje kuri 245% ariko nyuma aroroshya ubwo ibihugu byombi byari byatangiye ibiganiro bigamije kugabanya icyuho mu bucuruzi
Iki cyemezo cya Trump kigamije gushyira igitutu ku miyoborere y’ibihugu itandukanye no gutuma ibihugu bitandukanye bihitamo guhagarika ubucuruzi na yo. Ariko, gishobora guhungabanya ubukungu bw’ibihugu binini by’ubucuruzi ku isi.
.

Related stories
Related Articles

Amerika na Irani byemeranyije agahenge Kangana n'iminsi 60 mugihe hari hasize iminsi 2 ibihugu byombi byubuye imirwano
Read All here

US and Iran agree to 60-day ceasefire, 2 days before both countries resume hostilities
Read All here 👇👇👇👇

The United States launched another attack on southern Iran today, May 26, 2026.
Read All about it here 👇👇👇👇

Amerika yongeye kugaba ibitero mu majyepfo ya Iran uyu munsi taliki ya 26/gicurasi 2026
Soma inkuru yose hano 👇👇 English and kinyarwanda

The Speaker of the Senegalese National Assembly, Malick Ndiaye, has officially announced his resignation.
Read All here 👇👇👇

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Sénégal, Malick Ndiaye, yatangaje ku mugaragaro ko yeguye ku mirimo ye
Soma inkuru yose hano 👇👇👇

NSANZIMANA Sylver
Article Author